Inkuru ishyushye i Kigali!Cécile Kayirebwa yafatiwe mu bukwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19

Cecille Kayirebwa yafatiwe mu bukwe bw’abarenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 byari ibirori byo gusaba no gukwa.

May 29, 2021 - 15:39
May 29, 2021 - 16:03
 0
Inkuru ishyushye i Kigali!Cécile Kayirebwa  yafatiwe mu bukwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19

Cecille Kayirebwa yafatiwe mu bukwe bw’abarenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 byari ibirori byo gusaba no gukwa. Ubu bukwe bwaberaga mu mujyi wa Kigali mu kagari ka Nyakabanda ya kabiri mu mudugudu wa Kirwa. Ubu bukwe bwari ubwa Tuyisenge na Tuyishimire Jeannette. Uyu musizi asanzwe afite studio yitwa umushanana records akaba yari mu bateguraga igitaramo Ikirenga mu bahanzi cyasubitswe ku ya 8 Werurwe mu 2020 cyagombaga guhemba Cécile Kayirebwa  nk’umuhanzikazi wabungabunze umuco nyarwanda. Cécile Kayirebwa w’imyaka 74 mu 2013 yigeze kurega radio Rwanda ayishyuza amafaranga yo gukina ibihangano bye nta burenganzira yatanze. Kuva ubwo nta gitangazamakuru cy’imbere mu gihugu gishobora gukina indirimbo ze atabahaye uburenganzira cyangwa se ngo bazigure.

Bafatiwe mu Mujyi wa Kigali mu Murenge wa Nyakabanda. Abafashwe na Polisi ni abantu barenga 50 gusa bivugwa ko umubare w’abari bitabiriye uyu muhango urenga abafashwe.

Ibyo birori byo gusaba no gukwa byabereye mu Kagari ka Nyakabanda II mu Mudugudu wa Kirwa. Hari habereye ubukwe bw’Umusizi witwa Tuyisenge Olivier. Abafashwe bose bajyanywe muri stade bajya kwigishwa ububi bwa Covid-19 n’uburyo bakwiye kuyirinda ndetse banacibwe n’amande.

 

 

 

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175