Urukundo ruravuza ubuhuha hagati ya Kadogo wo muri Seburikoko n’umukobwa w’ubwiza butangaje

Ngabo Léon wamenyekanye muri Sinema Nyarwanda by’umwihariko muri firime y’uruhererekane ya Seburikoko akinamo yitwa Kadogo ,ari munyenga w’urukundo n’umunyamidelikazi bamaze igihe bakundana witwa Rosinette Umuhoza

Apr 29, 2021 - 09:37
Apr 29, 2021 - 09:37
 0
Urukundo ruravuza ubuhuha hagati ya Kadogo wo muri Seburikoko n’umukobwa w’ubwiza butangaje

Amaranga mutima yaba bombi bakunda kuyagaragaza bifashishije imbuga nkoranyambaga, cayane cyane urubuga rwa Instagram .

Uyu mukinnyi wa firime nyarwanda we byamurenze akagera aho ashyira ifoto y’uyu mukobwa ku rukuta rwe rwa Instagram yarangiza akavuga ati “Only me” cyangwa “Njye gusa”

Rosinette Umuhoza na we mu minsi ishize aheruka gushyira ifoto y’uyu musore ku rukuta rwe, arangije arandika ati “Arabaruta bose” arangije ashyiraho akamenyetso k’umutima ashaka kwerekana ko yamwihebeye.

Umuhoza Rosinette uryohewe n’urukundo rwa Kadogo cyangwa se Njuga, asanzwe ari umunyamideli wabigize umwuga wifashishwa mu kwamamaza, mu bijyanye n’amafoto cyangwa se mu kumurika imideli mu bitaramo n’ahandi hateraniye imbaga y’abantu benshi. Abarizwaa mu kigo gifasha abanyamideli cya Kigali Modeling Company.

Kadogo bakundana asanzwe ari umukinnyi wa filime, umwanditsi wa filime n’ibindi bitandukanye.

Ngabo uzwi nka Kadogo avuga ko Umuhoza ari we umutima we wihebeye muri iyi minsi

Yaherukaga kuvugwa mu nkuru z’urukundo mu 2016 ubwo yahuriraga n’umukobwa mu ifatwa ry’amashusho y’indirimbo ya Lil G bikarangira bakundanye nubwo urukundo rwabo rutarambye.

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175