Kayonza, umugabo yiyahuye nyuma yo kwirukana umuryango we
Uyu mugabo w'imyaka 51 wo mukarere ka kayonza yasanzwe mu rugo rwe yapfuye nyuma Yuko yirukanye umuryango we abitewe n'ubusinzi,bagarutse basanga yiyahuye.
Yanditswe na Assila uwineza
Umugore we na bana batanze amakuru avugako yariyarahinduye imico mu minsi yashize kuko yari yararetse gusenga ahubwo agatangira kujya anywa inzoga nyinshi. Uyu mugabo Kandi yari maze uminsi avugako hari ijwi rimubwira ngo nanjye kuba mu irimbi.
Uyu mugabo mbere yo kwiyahura yari yatashye yasinze ubundi yirukana umugore nabana batanu babanaga ubundi arara mu nzu wenyine. Bagarutse nyuma y'iminsi 2 basanga yapfuye.
Umunyamabanga nshingabikorwa yavuzeko kwiyahura yabitewe n'ubusinzi, ati “ yari umurokore mbere yuko COVID-19 iza ariko nyuma yaje kwishora mu nzoga anatangira kujya atonganya umugore we, rero muminsi 2 ishize yari yirukanye umugore n'abana be mu nzu none uyi munsi bagarutse basanga yimanitse mu kagozi.”