Social Mula, Phil Peter, M Irene n’abandi 36 bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 mu ifatwa ry'amashusho y'indirimbo

Abantu 39 barimo umuhanzi Social Mula n’abanyamakuru Phil Peter na Murindahabi Irené batawe muri yombi na Polisi y’Igihugu barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

Mar 30, 2021 - 13:10
 0
Social Mula, Phil Peter, M Irene n’abandi 36 bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 mu ifatwa ry'amashusho y'indirimbo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Werurwe 2021 nibwo Polisi y’Igihugu yerekanye aba bantu 39 batawe muri yombi ku wa Mbere tariki 29 Werurwe 2021.

Aba bantu uko ari 39 bafatiwe mu rugo rumwe mu Karere ka Gasabo ahazwi nko mu Rugando mu gikorwa cy’ifatwa ry’amashusho y’indirimbo ya Social Mula.

Uyu muhanzi aganira n’itangazamakuru, yavuze ko icyabayeho ari amakosa bakoze yo kurenza amasaha yagenwe, ndetse ko mu bari ahafatirwaga aya mashusho hari n’abatari bafite uruhushya.

Ati “Njye nari mfite uruhushya, gusa mu bari ahabereye iki gikorwa harimo abatari bafite impushya byatumye tugwa mu ikosa.”

M Irene wari mu ikipe y’abanyamakuru ba ISIBO TV bari bagiye gutara inkuru ahabereye iki gikorwa, yemereye abanyamakuru ko bakoze amakosa.

Ati “Ntabwo turengana, mu Rwanda nta muntu urengana. Impamvu turi hano ni uko twakoze amakosa, twibeshya cyane ku mpushya duhabwa. Kuba urufite uri kumwe n’abatarufite ntibivuze ko utakoze amakosa.”

Uyu musore yatanze ubutumwa bw’uko abantu bakwiye kwirinda Covid-19. By’umwihariko yasabye buri wese kwitwararika amabwiriza ashyirwaho n’inzego zibishinzwe.

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP Kabera J Bosco, yabwiye itangazamakuru ko abantu bakwiye kwirinda gukoresha nabi impushya bahabwa, birinda kuzifashisha mu kwangiza amabwiriza.

Abafashwe bose barahanishwa kwipimisha Covid-19, batange amande y’ibihumbi 25 Frw hanyuma babone kurekurwa.

Social Mula we yashinjwe gutuka umupolisi wari ugiye kumufata, CP Kabera yavuze ko ashobora gukurikiranwa n’amategeko.

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175