APR FC irahakana amakuru y‘isinya rya Byiringiro Lague muri FC Zurich-Video

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC, bubicishije ku rukuta rwa Twitter rw’iyi kipe, bwahakanye amakuru avuga ko rutahizamu w’iyi kipe ari we Byiringiro Lague yamaze gusinyira ikipe ya FC Zurich yo mu Busuwisi.

May 19, 2021 - 08:58
May 19, 2021 - 09:55
 0
APR FC irahakana amakuru y‘isinya rya Byiringiro Lague muri FC Zurich-Video

Mu kwezi gushize, nibwo rutahizamu wa APR FC ari we Byiringiro Lague, yerekeje mu gihugu cy’u Busuwisi mu igeragezwa mu kipe ya FC Zurich ikina mu cyiciro cya mbere muri iki gihugu.

Fungura hano urebe tuganira

Ni nyuma y’amakuru yiriwe mu bakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda, avuga ko Byiringiro Lague yaba yamaze gusinyira FC Zurich amasezerano y’imyka itatu akinira iyi kipe.

APR FC babicishije ku rukuta rwa Twitter rw’iyi kipe, bahakanye ko Lague yaba yamaze gusinyira amasezerano FC Zurich.

Bati “APR FC irahakana amakuru avuga ko Byiringiro Lague yasinyiye FC Zurich amasezerano y’imyaka itatu.”

Gusa n’ubwo Ubuyobozi bwa APR FC buhakana aya makuru, ariko inshuti za hafi za Byiringiro Lague ziremeza ko yamaze gushimwa na FC Zurich ndetse ashobora no kuba yamaze gusinyira iyi kipe amasezerano y’imyaka itatu.

Mupenzi Eto Fils niwe wahuje Lague n'Ubuyobozi bwa FC Zurich
Lague amaze iminsi mu igeragezwa muri FC Zurich yo mu Busuwisi
Kamukama Fred Self Employed Professional Videographer Chief Operating Officer at Thefacts.rw