Bwiza Emerance yahize abandi muri “The Next Diva'ahita yakirwa muri KIKAC Music ibamo Danny Vumbi na Mico the Best

Umukobwa witwa Bwiza Emerance niwe muhanzi wahiswemo mu bandi mu irushanwa ryateguwe na KIKAC Music ryitwa ‘The Next Diva’, aho yasanze Danny Vumbi na Mico the Best muri iyi nzu ifasha abahanzi.

Jun 21, 2021 - 21:06
Jun 21, 2021 - 21:22
 0
Bwiza Emerance yahize abandi muri “The Next Diva'ahita yakirwa muri KIKAC Music ibamo Danny Vumbi na Mico the Best

Bwiza Emerance yatoranyijwe nyuma y’ukwezi KIKAC itangije irushanwa yise ‘The Next Diva’, aho yashakishaga umuhanzikazi mushya wiyongera kuri Danny Vumbi na Mico the Best.

Abakobwa 45 nibo nibo bahatanaga , mugutangira bohereje amashusho bagaragaza impano zabo mu muziki, ubuyobozi bwa KIKAC hamwe n’Akanama Nkemurampaka bakoranye, baricaye batoranya uhiga abandi. Nyuma y’impaka zikomeye no kureba buri munyempano umwihariko we, Bwiza Emerance yaje guhiga abandi aba ariwe usekerwa n’amahirwe yo gukorana na KIKAC Music mu gihe cy’imyaka itanu.

Uhujimfura Claude uhagarariye abahanzi muri KIKAC Music yabwiye Igihe dukesha iyi nkuru ko bahisemo uyu mukobwa kubera ko yumvikanishaga umwihariko mu ijwi rye.

Yagize ati “Bwiza Emerance ni umwe mu bahatanye ufite ijwi rifite umwihariko, yatanze amashusho aririmbira ku murya wa gitari, ijwi rye n’ubuhanga mu muziki nibyo byamufashije kwegukana intsinzi.”

Byitezwe ko mu minsi iri imbere aribwo asinya amasezerano y’imyaka itanu y’imikoranire agiye kugirana na KIKAC Music.

Ni amasezerano byitezwe ko bazasinyira imbere y’itangazamakuru, mu kiganiro bateganya gukora.

Ati “Uyu mwaka ntabwo byatworoheye, twifuzaga ko irushanwa ryacu ryakorwa bitandukanye n’uko ryagenze. Twahuye n’icyorezo cya COVID-19. Mu minsi iri imbere turi gutegura ikiganiro n’abanyamakuru aho tuzerekanira ku mugaragaro uwatsinze tunabonereho kubatangariza ibindi byinshi ku irushanwa.”

Bwiza Emerance ugiye kwinjira mu muziki yitwa Bwiza abaye uwa mbere utsinze irushanwa rya ‘The Next Diva’ rizajya ritegurwa buri myaka ibiri na KIKAC Music mu rwego rwo gushakisha impano z’abakobwa mu muziki.

Uyu mukobwa w’imyaka 21 asanzwe yiga ibijyanye n’Ubukerarugendo muri Mount Kenya University.

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175