FC Barcelona irashaka kugura Cristiano Ronaldo ngo akinane na Lionel Messi

Umuyobozi Joan Laporta uherutse gutorerwa kuyobora ikipe ya FC Barcelona mu mezi make ashize,arifuza gusinyisha Cristiano Ronaldo akerekeza muri Barcelona bigatuma akinana na mugenzi we Lionel Messi bamaze imyaka isaga 10 bahanganye.

Jun 21, 2021 - 20:56
Jun 21, 2021 - 21:03
 0
FC Barcelona irashaka kugura Cristiano Ronaldo ngo akinane na Lionel Messi

Ikinyamakuru AS kivuga ko Bwana Laporta agowe cyane n’ubukene ikipe ifite ariko arajwe ishinga no kubaka ikipe ihatana ku rwego rwo hejuru ariyo mpamvu ishaka abakinnyi badahenze.

Nyuma yo kugura abakinnyi 4 barimo 3 baziye Ubuntu,Laporta arashaka kugura Cristiano Ronaldo usigaje umwaka umwe muri Juventus kugira ngo afatanye na Messi batware UEFA Champions League.

Umunyamakuru witwa Javier G Matallanas wanditse iyi nkuru kuri AS yavuze ko iki gitekerezo cyazanywe na Laporta wifuza kubaka ikipe y’ibihangange yo kumufasha guhangamura ibihangange I burayi.

Amakuru avuga ko Laporta ashobora guha Juventus abakinnyi nk’ingurane ya Ronaldo gusa yaba uyu mukinnyi cyangwa Jorge Mendes ntabwo barabwirwa ko FC Barcelona imukeneye.

Amakuru avuga ko Antoine Griezmann, Sergi Roberto na Philippe Coutinho bavamo umukinnyi umwe wahabwa Juventus nk’ingurane.

Kugira ngo FC Barcelona ibashe kugera ku mushahara wa Cristiano,izarekura abakinnyi bose idakeneye mu ikipe hanyuma ifate imishahara yabo iyimuhe.

Iyi kipe ngo yizeye ko yakwinjiza amafaranga menshi kubera ko Ronaldo ari umukinnyi ukunzwe cyane ku isi ndetse no kuba yaba ari kumwe na Messi.

Ronaldo yageze muri Juventus aguzwe miliyoni 99 z’amapawundi muri Nyakanga 2018 ariko bikomeje kuvugwa ko ashobora kuyivamo muri iyi mpeshyi.

Amakuru avuga ko Manchester United nayo imwifuza cyane ndetse n’umutoza wayo Ole Gunnar Solskjaer yatangiye kuvugana nawe kugira ngo ayigarukemo

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175