Sunrise FC yamanutse mu cyiciro cya kabiri isanzeyo AS Muhanga
Kuri uyu wa Mbere nibwo hasojwe shampiyona ku makipe 8 yarwaniraga kutamanuka mu cyiciro cya kabiri aho ikipe ya Sunrise FC yatsinzwe na Gorilla FC bituma imanuka mu cyiciro cya kabiri.
Mbere y’uyu munsi wa nyuma,amakipe 5 ari yo Gasogi United, Sunrise FC, Mukura VS, Etincelles na Gorilla zishakagamo ikipe igomba kumanukana na AS Muhanga ariko byarangiye ibaye iyi kipe y’i Nyagatare.
Uko imikino yarangiye:
Etincelles 3-1 Musanze
Mukura 3-0 AS Muhanga
Gorilla 2-1 Sunrise
Gasogi Utd 1-0 Kiyovu Sports
Urutonde rwa nyuma:
1. Kiyovu 13 Pts
2. Gasogi 12 Pts
3. Etincelles 12 Pts
4. Musanze 12 Pts
5. Mukura 11 Pts
6. Gorilla 10 Pts
7. Sunrise 9 Pts
8. AS Muhanga 0 Pt
