Umuraperi w’Umunyamerika Jermaine Lamarr Cole [J.Cole] ari mu Rwanda aho yaje mu bikorwa bitandukanye
Ntabwo bizwi neza igihe J.Cole yagereye mu Rwanda gusa amakuru yizewe TheFacts.rw ifite ni uko yageze mu Rwanda. Bivugwa ko uyu muraperi yaje mu bikorwa by’irushanwa rya Basketball Africa League (BAL 2020) ryari gusorezwa mu Rwanda mu mwaka ushize, rizaba hagati ya tariki ya 16 n’iya 30 Gicurasi 2021 muri Kigali Arena.
Ntabwo bizwi neza igihe J.Cole yagereye mu Rwanda gusa amakuru yizewe TheFacts.rw ifite ni uko yageze mu Rwanda.
Bivugwa ko uyu muraperi yaje mu bikorwa by’irushanwa rya Basketball Africa League (BAL 2020) ryari gusorezwa mu Rwanda mu mwaka ushize, rizaba hagati ya tariki ya 16 n’iya 30 Gicurasi 2021 muri Kigali Arena.
Hatangajwe ko ashobora no kuzakina mu mukino ufungura iryo rushanwa agakina mu ikipe ya Patriots BBC.
#BREAKING: American rapper J. Cole @JColeNC is in Rwanda and could feature for local side Patriots at the upcoming Basketball Africa League.
The New Times has learned he is on the club's roster for the competition. pic.twitter.com/mhHOBCAvhx
— The New Times (Rwanda) (@NewTimesRwanda) May 9, 2021
Urebye ku mbuga nkoranyambaga z’uyu muhanzi nta hantu na hamwe agaragaza ko ari mu Rwanda.
J.Cole afite imyaka 36. Yatangiye kumenyekana mu muziki mu 2007. Yamenyekanye cyane mu ndirimbo nka Lights Please, 4 Your Eyez Only, Lost Ones, Crooked Smile yafatanyije na TLC, Before I’m Gone n’izindi.
Ubusanzwe ni umuririmbyi, umwanditsi w’indirimbo akaba n’utunganya indirimbo. Abarirwa umutungo wa miliyoni 60 z’amadolari.
Uyu muhanzi afite abana babiri. Mu mwaka wa 2018 yatangaje ko akunda umukino wa Basketball.