Afrima 2021: Imiririmbire ya Zuchu ntiyishimiwe

Zuchu yaririmbye ibihangano bye biri mu rurimi rw’igiswahili ariko abari bitabiriye uwo muhango ntibagaragaje kuryoherwa.

Dec 6, 2021 - 14:42
Dec 6, 2021 - 14:44
 0
Afrima 2021: Imiririmbire ya Zuchu ntiyishimiwe

Africa Music Awards ubwo byatagwaga Zuchu yagerageje gushyushya abitabiriye ariko bakamuhanga amaso. Afite indirimbo zikunzwe muri Tanzania no mu karere ka East Africa ariko mu bihugu bikoresha igifaransa n’icyongereza nta gikundiro ahafite. Zuchu akwiriye gutangira kujya avanga icyongereza mu ndirimbo ze nk’uko umukoresha we Diamond Platnumz abikora mu gushaka abafana bumva urwo rurimi.

Zuchu yabwiraga abitabriye kuzamura amaboko ariko bakamukanurira kuko batazi igiswahili. Ijambo Zuchu yari azi kubwira abitabiriye ni”Twende” bivuze twagiye nyamara abo yabwiraga nta kintu bumvaga. Yari gukoresha “Let’s go” kuko abenshi bumva icyongereza. Hari aho yababwiye ati:”Mikono juu”. Bivuze amaboko hejuru. Ubanza yari aziko ari kubwira abanya-Tanzania kandi yari imbere y’abatumva igiswahili. Yagerageje kujya mu bafana ariko nta cyo byatanze. Iturufu yarishije ni ukubyina kuko nta kindi yari kuba agikora ku rubyiniro.

Ku rubyiniro yitwaye neza, abyina neza ariko akwiriye gukosora utwo dukosa two kutavanga indimi nkuko umukoresha we abigenza.






Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175