Amerika yabujije abaturage bayo kujya mu bihugu nka Tanzaniya n’Ubufaransa
Leta zunze ubumwe za Amerika zabujije abaturage kujya mu bihugu nka Tanzaniya,France, Portugal, Andorra, Cyprus, Jordan na Linchtenstein kuko bishoboka kubashyira mu byago byo kwandura COVID-19.
Yanditswe: Uwineza Assila
Ikigo cya Leta zunze ubumwe zamerika gishinzwe kurwanya no gukumira ibyorezo cyasohoye itangazo ryo kuburira abaturage bayo kutajya muri ibyo bihugu ngo kuko hari ibyago byo kwandura icyorezo gishya cya COVID-19 kitwa Omicron.
Iryo tangazo ryagiraga riti “Abaturage ba Amerika bose bakwiye kwirinda kujya muri Tanzaniya, byaba ngombwa bakabanza bagafata inkingo zose mbere yo kugira urugendo urwo arirwo rwose bafata.”
Yakomeje ibibutsa ko nubwo baba barafashe inkingo zose ko kujya muri Tanzaniya byakomeza kubashyira mu byago byo kwandura COVID-19.
Leta Zunze ubumwe z’Amerika zafashe uyu mwanzuro nyuma yuko inzego z’ubuvuzi zo mu buhinde zitangajeko hari umugenzi waturutse muri Tanzaniya wasanzwemo ubwoko bushya bwa COVID-19 bwitwa “ omicron”.