Nshuti Mbabazi ukorera umuziki we mu bugande yashyize hanze indirimbo nshya-IKIGANIRO

Umuhanzikazi Nshuti MBABAZI yashyize hanze indirimbo nshya yise “Bitwale”

Jan 24, 2022 - 15:47
Jan 24, 2022 - 16:16
 0
Nshuti Mbabazi ukorera umuziki we mu bugande yashyize hanze indirimbo nshya-IKIGANIRO

Umwanditsi : Baganizi Olivier 

Umuhanzikazi  Nshuti Mbabazi ukorera umuziki we mu bugande yashyize hanze indirimbo ye nshya yise “Bitware”

Mu kiganiro kirambuye Nshuti yagiranye na The Fact yatuviriye imuzi ubuzima bwe ndetse nuko yaje kwisanga yabaye umuhanzi.

Kurikira uko twaganiriye 

Nitwa Nshuti  mbabazi ntuye mu gihugu cya Uganda akaba ariho nkorera umuziki. Indirimbo  mfite ni eshatu ariko inshyashya  yitwa ‘bitware ‘nakoranye n’umuhanzi  sema kulla wo mu bugande.

Kuki wahisemo umuhanzi Sema Kulla ?

Impamvu nahisemo Sema Kulla  nuko nakuze mwumva nkumva ndamukuze,ni umuhanzi  ubimazemo igihe kinini  kandi ukunzwe.Nuko  dukorana indirimbo y’urukundo.

Ni izihe ndirimbo zindi ufite ?

Indi  ndirimbo  mfite yitwa “aremerako” naho iyayibanjirije  yitwa  “mama” kandi zose ziri kuri cano  yanjye ya youtube.

Nyuma ya Covid-19 ubona uzahindura iki mu muziki wawe ?

Ibihe ndabona bitangiye kuba byiza ndakeka ko ari igihe cyo gukora,kuko mfite imishinga myinshi y’indirimbo zimeze neza. Harimo nyinshi  zanjye ndetse nizo nakoranye  n’abandi  bahanzi bakomeye.

Ni iki wabwira abakunzi b’ibihangano byawe ?

Abakunzi  banjye rero nababwira  yuko mbahishiye byinshi cyane bashonje bahishiwe.

Abafana banjye mu kuri nanjye ndabakunda,nkisubiramo indirimbo z’abandi bahanzi (Cover Songs)  barankundaga ariko ubu aho natangiye gukora indirimbo zanjye babikunze kurushaho cyane ko nakoze ibyo bifuzaga iyi rero “butware” igisohoka babyumvishe vuba maze banyereka ko  bankunze.

Ubu rero ndagumya gukora cyane ku bwabo  kandi mbasaba ko bagumya kumba hafi ku mbuga  nkoranyambaga zanjye zose bakajya bampa  ibitekerezo.

Abakunzi banjye b’i Kigali  mu Rwanda namwe ndabazirikana kimwe nabari hano Uganda  ndateganya ibitaramo butandukanye Imana  nidufasha ibihe bikagenda neza nzabataramira Imbona nkubone.

Umwihariko wawo ni uwuhe ?

Umwihariko wanjye nuko ndirimba mfite gitari (Guitar) hano muri Uganda  ntibyari bimenyerewe ariko byarashobotse ndashimira abamfasha mu gutunganya  indirimbo zanjye ndetse ndashimira buri muntu  wese unsabira umugisha kugirango ndusheho gukora neza ntabinsitaza  mpura nazo.

Nshuti Mbabazi ni Umuhanzikazi ufite impano itangaje.(Instagram-Photo).

‘Bitwale’ niyo ndirimbo nshya ya Nshuti Mbabazi.

Niyonkuru Augustin He is a journalist. For more information, please contact him; +250781548774.