Rihanna yatangaje inkomoko ye

Umuhanzikazi Rihanna w’umuherwe kurusha abandi ku isi yasobanuye ko avuka muri Nigeria mu mu bwoko bwa Igbo.

Aug 13, 2021 - 13:07
Aug 13, 2021 - 13:21
 1
Rihanna yatangaje inkomoko ye

Yanditswe na: Habinshuti Dan Christian

 Umuhanzikazi akaba n’umunyamideri, Robin Rihanna Fenty wamamaye mumuziki nka Rihanna( Bad Girl) yatangaje ko ari umugore ufite inkomoko muri Igbo, ubwoko butuye mu majyepfo ashyira uburasizuba bwa Nigeria. Ubu bwoko kandi banatuye muri Cameroon, Gabon na Equatorial Guinea. Rihanna yatangaje ko yabwiwe na nyina umubyara ko afite inkomoko muri icyo gihugu nkuko byanditswe n’ikinyamakuru “The Daily Post”.

 Forbes iherutse gutangaza ko Rihanna nk’umuhanzikazi ukize kurusha abandi ku isi. Ubutunzi bwa Rihanna, bubarirwa muri miriyari 1.7 y’ amadorari ya Amerika. Rihanna kandi aninjiza angona na miriyali $1.4 akura mu nzu ye imurika imideri ikanatunganya ubwiza. Sosiyete ye yitwa Fenti afatanyije n’umwe mu baherwe ku isi kimwe n’izindi bizinesi zitandukanye akora nabyo bimwinjiriza akayabo ka miriyoni 270 z’amadorari y’Amerika.

 

Nyina wa Rihanna akomoka muri Guyana ho muri Amerika y’ Amajyepfo. Naho se umubyara akaba yaravukiye mu kirwa cya Barbados.

 Rihanna yagize ati: “Mama yambwiye ko nkomoka mu bwoko bw’ abantu bo muri Igbo. Igbo ni ubwoko bwo muri Afurika.” Nyuma yuko atangaje aya magambo, byatangiye gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga zose zo muri Nigeria. Abaturage benshi bo muri icyo gihugu, cyane cyane abakomoka muri Igbo babinyujije ku mbuga nkoranyambaga batangiye gusaba Rihanna kugaruka ku ivuko. Rihanna avukana n’abavandimwe babiri b’abahungu aribo, Rorrey na Rajad Fenty.

 Reba hano indirimbo ya Rihanna

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175