Ahazaza ha Kylian Mbappe muri PSG hateye amakenga! Ari mu rungabangaba rw'ikipe azerekezamo mu 2022

Umuyobozi wa PSG, Nasser Al-Khelaifi,yatangaje ko Kylian Mbappe atazava muri iyi kipe muri iyi mpeshyi nubwo yanze kongera amasezerano ye azarangira mu mpeshyi itaha.

Jun 7, 2021 - 09:19
Jun 7, 2021 - 09:28
 0
Ahazaza ha Kylian Mbappe muri PSG hateye amakenga! Ari mu rungabangaba rw'ikipe azerekezamo mu 2022

Uyu Mufaransa w’imyaka 22 uri muri ba rutahizamu ba mbere ku isi,arifuzwa na Real Madrid ndetse na Liverpool ariko PSG ngo ntiyiteguye kumurekura.

Mu mwaka w’imikino ushize,Mbappe wagize imvune nyinshi yatsinze ibitego 42 mu mikino 47 bituma anatorwa nk’umukinnyi w’umwaka muri Ligue 1.

Nubwo amaze imyaka 4 gusa muri PSG nyuma yo kuyigeramo 2017 avuye muri AS Monaco,Mbappe arashaka kwerekeza mu yandi makipe yamufasha kwegukana Ballon d’Or cyane ko muri PSG byanze.

Al-Khelaifi yabwiye l’Equipe ati “Ngiye kubabwiza ukuri.Mbappe azaguma muri PSG.Ntabwo tuzamugurisha kandi nawe ntabwo azagendera Ubuntu.Mbappe afite buri kimwe cyose akeneye I Paris.

Ubwo se yajya hehe?Ni iyihe kipe mu guhatana yagera ku rwego rwa PSG ubu?.Icyo nababwira nuko ibiganiro bimeze neza kandi ndizera ko tuzabasha kumvikana ku masezerano mashya.Iyi ni Paris.Iki n’igihugu cye.Afite inshingano zitari izo gukina umupira gusa ahubwo zo kuzamura urwego rwa Ligue 1,igihugu cye n’umujyi.”

Real Madrid ni imwe mu makipe ashaka Mbappe cyane ndetse hari amakuru yagiye hanze ko iri gushaka kugabanyiriza umushahara abakinnyi kugira ngo igure Mbappe.

Jurgen Klopp utoza Liverpool nawe akunda cyane Mbappe ndetse ngo yifuza gukora ibishoboka byose akamuzana muri Premier League cyane ko PSG iri ku gitutu kuko azasoza amasezerano muri 2022.

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175