Dore bimwe mubyo abakobwa bagejeje igihe cyo gushaka baba batekereza Ubuzima

Bifata igihe kugira ngo umukobwa yemere umusore runaka ko bazabana kuko abanza kureba niba koko uwo ubimusaba afite ibya ngombwa bihagije byo gutunga cyangwa niba koko ari we yifuzaga.Abakobwa bagejeje igihe cyo gushaka kandi baba bafite imitekerereze itangaje.

Jun 7, 2021 - 09:43
Jun 7, 2021 - 09:44
 0
Dore bimwe mubyo abakobwa bagejeje igihe cyo gushaka baba batekereza Ubuzima

Ku bakobwa benshi ,usanga igitekerezo cyo kubaka urugo ari nk’inzozi zigiye gusohora ,ariko n’ubwo bimeze bityo,umukobwa wese aba yifuza kuba yagira urugo rwiza kandi rushimishije.

Ibi bimwe na bimwe umukobwa utarashyingirwa ariko ugejeje igihe cyo gushaka aba tekereza ku bijyanye n’urugo rwe rw’ahazaza,harimo ibi bikurikira.

• Umukobwa aba atekereza ko kuzashinga umuryango bizamuha ibyishimo by’ubuzima bwe bwose asigaje ku Isi.
• Aba ashaka ko umugabo bazabana azakomeza kumukunda no kumutetesha mu byiza no mu bibi.
• Aba ashaka ko umugabo we azamubera indahemuka kuko kumuca inyuma byakomeretsa umutima we.
• Aba ashaka kuzabana n’umugabo uzajya ahora amurwanira ishyaka buri munsi kandi akamwubaha.

• Uretse kuba yashaka umugabo umukunda,aba anifuza umugabo uzamufasha kuzuza inshingano z’urugo,agakunda abana kandi akabitaho.
• Aba yifuza kuzasha umuntu bazajya bakora imibonano mpuzabitsina kandi wenyine nta wundi bamusangira.
• Aba yifuza kuzashaka umugabo utazagira ikintu na kimwe yamuhisha cyangwa amukinga ku bireba urugo rwabo.
• Umuntu azaba ari umuterankunga kandi umufasha kugera ku nzozi ze
• Ashaka umugabo utazamushyigikira mu makosa ,uzajya amukosora kandi akamufasha muri byose.
• Ahora yifuza guteteshwa no kwitabwaho bitarangira nk’aho bakimurambagiza.
• Aba yifuza umugabo usobanutse kandi uzi kuganira,uzajya amutega amatwi kando akamubonera umwanya bagakina.

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175