Umugabo yahanutse ku manga ya metero 30 ari kwifata ifoto arokoka by’igitangaza

Umugabo w’imyaka 28 yarokotse urupfu by’igitangaza ubwo yari ahagaze ku manga ya metero 30 ari kwifata ifoto[selfie] hamwe n’inshuti ze ahitwa Dorset ariko ku bw’amahirwe ntiyapfa agwa mu mazi.

May 3, 2021 - 22:09
May 3, 2021 - 22:10
 0
Umugabo yahanutse ku manga ya metero 30 ari kwifata ifoto arokoka by’igitangaza

Uyu mugabo wahanutse kuri iyi manga agwa mu mazi gusa yagize ibikomere byatewe no kugwa ahantu habi niko kujyanwa kwa muganga vuba na bwangu.

Abamutabaye bavuze ko yaguye mu mazi akamanuka akagera hasi ariko ku bw’amahirwe agatabarwa akiri muzima.

Uwitwa Ian Brown,ushinzwe ubutabazi akoresheje amato yagize ati “Mu by’ukuri siniyumvisha ukuntu akiri muzima.Yamanutse agera hasi mu mazi Yagize amahirwe kuba yagize ibikomere byoroheje.

Ari kumva kandi ameze neza ari kuvuga.Yakomeretse byoroheje.”

Iyi mpanuka yabaye kuwa Gatandatu ubwo uyu mugabo yari kumwe na bagenzi be batanu bari kwifotoreza kuri iyi manga.

Umwe mu bari aho hafi yavuze ko uyu mugabo yahanutse bamaze kumugira inama we na bagenzi be ko ahantu bahagaze ari habi bashobora gukomeka.

Umwe mu bamubonye agwa yavuze ko yakagombye kujya kugura itike mu mukino w’urusimbi kuko ngo ari umunyamahirwe menshi.

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175