Akayabo Rayon Sports yahaye abakinnyi 2 iheruka gusinyisha kamaze kumenyekana

Mu cyumweru gishize nibwo Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije Muhire Kevin na Heritier Luvumbu amasezerano y’amezi 2 kugira ngo bayikinire shampiyona yagizwe ngufi kubera Covid-19.

Apr 27, 2021 - 16:05
Apr 27, 2021 - 16:15
 0
Akayabo Rayon Sports yahaye abakinnyi 2 iheruka gusinyisha kamaze kumenyekana

Rayon Sports yiyemeje guha aba bakinnyi amafaranga menshi kugira ngo irebe ko yakwegukana igikombe cya shampiyona uyu mwaka bityo ibashe guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika.

Aba bakinnyi bombi barasinye ndetse biravugwa ko biyongeraho undi rutahizamu ukomoka muri Gabon ari we Junhior Bayanho-Aubyang ushobora kurara asinyiye iyi kipe ikunzwe na benshi mu Rwanda, nyuma y’ibiganiro bimaze iminsi.

Umwe mu bayobozi ba Rayon Sports yabwiye FunClub dukesha iyi nkuru ko Muhire Kevin yahawe ibihumbi 4 by‘amadolari ($4000) bikubiyemo n’imishahara kugira ngo asinyire iyi kipe amasezerano y’amezi abiri, mu gihe Héritier Nzinga Luvumbu we yahawe ibihumbi 5 by’amadolari ($5000), birimo recruitement y’ibihumbi 3 by’amadolari n’ibihumbi 2 by’amadolari agomba kuzahembwa muri ayo mezi abiri (Gicurasi, Kamena).

Iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko rutahizamu Junior Bayanho-Aubyang agomba guhabwa ibihumbi 5500 by’amadolari, bikubiyemo umushahara azahabwa muri ayo mezi abiri, hakabamo na recruitement.

Impamvu Junior Bayanho-Aubyang yatinze gusinya, ni uko umuhagarariye (Agent we), yatinze kugera mu Rwanda ariko FunClub ivuga ko yamenye ko yaraye asesekaye i Kigali.

Niba aya makuru ari ukuri,aba bakinnyi uko ari batatu, batanzweho ibihumbi 14 na 500 by’amadolari mu gihe cy’amezi abiri gusa kugira ngo bafashe Rayon Sports FC gushaka igikombe cya shampiyona.

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175