Areruya Joseph wegukanye Tour du Rwanda ya 2017 yakoze ubukwe
Joseph Areruya watwaye Tour du Rwanda mu 2017 yasabya anakwa umukobwa bagiye kubana akaramata.
Uyu musore yasabye anakwa umukobwa bagiye kubana. Areruya Joseph yamenyekanye ubwo yatwaraga irushanwa rihiga ayandi mu gutwara amagare hano mu Rwanda. Ubukwe bwabereye mu karere ka Kayonza mu murenge wa Mukarange. Indi mihango yari yarakozwe hasigaye gusaba no gukwa. Ni we munyarwanda wa mbere witabiriye isiganwa rya Paris–Roubaix ubwo ryabaga mu 2019. Kuri ubu akinira Benediction Ignite.
Areruya Joseph ni we wegukanye irushanwa ryo gusiganwa ku magare rya La Tropicale Amissa Bongo ryaberaga mu gihugu cya Gabon .
Areruya w'imyaka 27 yabaye Umunyarwanda wa mbere ubashije gutwara iri rushanwa rifatwa nk'irya mbere ku mugabane w'Africa.
Iri rushanwa ribarirwa ku ntera 2.1 ni ryo rikomeye kuko riruta ayandi azwi nka Tour du Fasso na Tour du Rwanda yo abarirwa ku rwego rwa 2.0
Iri siganwa rifite uburebiure bwa km 998 yarirangije ari uwa mbere akoresheje amasaha 23, iminota 52 n'amasegonda 24.