Musanze:Umukobwa yasanzwe mu mugezi yiyahuye yabitewe n’uko nyina yamuhaye amafaranga make yo kugura inkweto

Umukobwa w’imyaka 18 witwa Tuyiramye Gloria wo mu Murenge wa Gataraga mu Kagari ka Mudakama mu Mudugudu wa Mikingo yasanzwe yapfuye ahobikekwa ko yiyahuye muri ruhurura itwara amazi ava mu birunga izwi nk’Umwuzi wa Bishushwe.

Mar 31, 2021 - 08:35
 0
Musanze:Umukobwa yasanzwe mu mugezi yiyahuye  yabitewe n’uko nyina yamuhaye amafaranga make yo kugura inkweto

Amakuru

Uburakari yatewe no kudahabwa amafaranga yifuza bwaba ariyo mpamvu yatumye ajya aho umwuzi wa Bishushwe unyura ahantu hari ubuhaname burengeje metero 20 agasimbukamo aribwo yahise apfa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gataraga, Kabera Canisius, yahamije aya makuru asaba abana kujya banyurwa n’ibyo bagenerwa n’ababyeyi ndetse n’ababyeyi bagakomeza kujya baganiriza abana babo ngo bamenye neza ibibazo baba bafite.

aravuga ko nyuma y’uko umurambo w’uyu mukobwa ubonetse muri ruhurura byaketswe ko yiyahuye kuko ngo yari yagiranye amakimbirane na nyina umubyara.

Intandaro y’aya makimbirane,ngo ni uko nyina yari amaze gukodesha umurima ngo babone uko bagura imbuto y’ibirayi byo guhinga noneho uyu mukobwa we agasaba amafaranga yo kugura inkweto nyina akaza kumuhaho 5000Frw ariko uyu mukobwa ntanyurwe.

Yagize ati" Aya makuru y’urupfu rw’uwo mwana niyo umurambo w’uwo mwana twawubonye ahagana saa Cyenda z’amanywa, n’ubwo RIB ikiri mu iperereza turakeka ko yaba yiyahuye biturutse ku makimbirane yari afitanye n’umubyeyi we wari umaze gukodesha umurima ngo babone imbuto yo guhinga ariko we agasaba amafaranga yo kugura inkweto bakamuha 5000Frw. Turasaba abana kujya banyurwa n’ibyo bagenerwa n’ababyeyi ariko n’ababyeyi bakajya baganiza abana babo bakabumva bakamenya neza ibibazo baba bafite."

Kuri ubu umurambo wa nyakwigendera wajyanwe mu Bitaro bikuru bya Ruhengeri ngo hakorwe ibizamini hamenyekane neza iby’urupfu rwe.

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175