Yigannye Daniel wo muri Bibiliya ajya mu rwobo rw’intare ziramuhitana

May 1, 2021 - 10:57
May 1, 2021 - 13:39
 0
Yigannye Daniel wo muri Bibiliya ajya mu rwobo rw’intare ziramuhitana

Umuhanuzi wo muri Nigeria witwa Daniel Ebodunrin ari mu bantu bavugwa cyane mu mujyi wa Ibadan muri Leta ya Oyo muri Nigeria kubera ukuntu yahaze amagara ye akinjira mu nzu yororerwamo intare ashaka kwigana Daniel wo muri Bibiliya.

Nkuko inkuru zo muri Nigeria zibitangaza,uyu mugabo yakoze ubu bwiyahuzi mu mwaka wa 1991 ubwo yari yasuye ahororerwa inyamaswa,University of Ibadan Zoological garden.

Kubera ukuntu uyu mugabo yari yaracengewe n’inkuru yo muri Bibiliya ya Daniyeli wajugunywe mu rwobo rw’intare akaruvamo ari muzima nawe yiyemeje kujya aho ziba zimwica zikimubona.

Nubwo ngo muri iyi Zoo habamo inyamaswa nyinshi,izi ntare ngo nizo zikurura abantu benshi kuva iki cyanya cyashingwa muri 1948 nkuko ibinyamakuru byo muri Nigeria bibitangaza.

Ku munsi uyu Daniel yapfiriyeho,iyi Zoo yari yasuwe n’abantu benshi baje kureba izi ntare ariko uyu mugabo we ngo yaje ashaka kwereka abantu ibitangaza cyane ko yari asanzwe ari umuhanuzi.

Uyu mugabo yabwiye aba bantu icyo gihe ko ashobora kubera ko Imana yakiza umuntu intare nkuko byagenze mu gihe cya Daniyeli wo muri Bibiliya.

Uyu ngo yahise asaba abarinzi kwinjira barabyanga akomeza guhatiriza ariko bigeze nyuma yinjiramo barangaye.

Uyu Daniel Ebodunrin yizeraga ko Imana ihora ku ruhande rwa ba Daniyeli kugeza nubu ari nayo mpamvuyakomeje gutekereza kuzajya aho intare ziba ngo ahakorere ibitangaza.

Uyu mugabo wari wambaye ikanzu y’umutuku afashe na Bibiliya nini,yinjiye muri iri senga ry’intare hanyuma atangira gusoma Bibiliya cyane.

Ikinyamakuru OldNaija kivuga ko yavugaga cyane ngo "Jah,Jah,Jah",byatumye izi ntare zigira mu nguni y’inzu zarimo.

Uyu mugabo yaje gukora ikosa arazegera niko kumusimbukira ziramufata ziramushwanyaguza arapfa.Abarinzi bagerageje gutabara biba iby’ubusa.

Bibiliya ivuga ko uyu Daniyeli yajugunwe mu rwobo rw’intare n’abantu bamugiriye ishyari ariko kubera ko yubahaga Imana cyane yohereza umumarayika abumba iminwa y’intare ntizamurya.

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175