' SECRET MEMORY' Icyegeranyo cyaje gushimira abantu bakiriho kigaca umuco wo kuvuga ibigwi uwatabarutse-Video

Amavu n’amavuko y’iki cyegeranyo kigenerwa abakiriho inkuru yacyo murayibarirwa na MANZI Gato Felicien  

Jun 30, 2021 - 14:34
Jun 30, 2021 - 14:58
 0
' SECRET MEMORY' Icyegeranyo cyaje gushimira abantu bakiriho kigaca umuco wo kuvuga ibigwi uwatabarutse-Video
' SECRET MEMORY' Icyegeranyo cyaje gushimira abantu bakiriho kigaca umuco wo kuvuga ibigwi uwatabarutse-Video
' SECRET MEMORY' Icyegeranyo cyaje gushimira abantu bakiriho kigaca umuco wo kuvuga ibigwi uwatabarutse-Video
' SECRET MEMORY' Icyegeranyo cyaje gushimira abantu bakiriho kigaca umuco wo kuvuga ibigwi uwatabarutse-Video
' SECRET MEMORY' Icyegeranyo cyaje gushimira abantu bakiriho kigaca umuco wo kuvuga ibigwi uwatabarutse-Video
' SECRET MEMORY' Icyegeranyo cyaje gushimira abantu bakiriho kigaca umuco wo kuvuga ibigwi uwatabarutse-Video
' SECRET MEMORY' Icyegeranyo cyaje gushimira abantu bakiriho kigaca umuco wo kuvuga ibigwi uwatabarutse-Video
' SECRET MEMORY' Icyegeranyo cyaje gushimira abantu bakiriho kigaca umuco wo kuvuga ibigwi uwatabarutse-Video

Nyuma y’uko covid-19 igaragaye mu Rwanda taliki 14 ukwezi kwa gatatu umwaka wa 2020 ibikorwa byose bigafungwa ndetse n’abantu bagashyirwa mu rugo natangiye kugenda mpimba amagambo y’ihumure nagendaga nkwirakwiza ku mbugankoranyambaga zitandukanye abantu bakayakunda ayo magambo ahanini yari yubakiye ku ijambo ry’Imana

Nyuma yaho umwe mu bo dukorana  mu kiganiro chapa chapa  ku isibo tv Mahoro Ketia(Kety)  taliki 16 ukwezi kwa gatatu umwaka wa 2020 yagize isabukuru y’amavuko maze aza ku rubuga duhuriraho aduha ibyo tugomba kumuha nk’impano kuko nge nkora ibyegeranyo muri icyo kiganiro ansaba kumukorera icyegeranyo kimuvugaho nange ndabimwemerera musaba kumpa amakuru make ku buzima bwe nsoje  kugikora nshyiramo amafoto ye n’inshuti ze maze arabyishimira cyane ndetse mbishyize ku mbugankoranyambaga abantu nabo barabikunda ntangira kubitecyerezaho cyane.

 

Byarakomeje nyuma ntangira kumva amakuru ko miss Rwanda 2016 yifuza gushyira hanze filimi mbarankuru ivuga ku buzima bwe ndavuga nti’’ese buriya uwakora inkuru ivuga ku buzima bwe nkakusanya amakuru amuvugaho n’amateka ye. Aha nabikoraga ngamije kubimuha ngo musabe ko amaze kuyikora cyangwa atecyereje gukora indi yazemera tugakorana nkabivuga mukinyarwanda (Narrator) narabyutse ndabikora nyuma ntangira urugendo rwo gushaka inomero ye akoresha ngo musangize icyo cyegeranyo gikoze nka filimi mu buryo bw’amajwi.

 

Byari nka saa mbili za mu gitondo natinye kumuhamagara ambera imfura aranyitaba mugezaho igitekerezo aragishima musaba inomero akoresha kuri wathsap mwoherereza ya nkuru nyuma y’umunsi umwe arampamagara aranshimira atungurwa naho nakuye amakuru ahanini yavugaga ni uko yagiye yitabira amarushanwa n’ibindi biranshimisha cyane  gusa bitewe n’ibyishimo by’uko turimo kuvugana yanyubashye amasaha y’ijoro  mpita mubwira nti’si ubwo buryo nifuzaga kubikora ahubwo nashakaga kuzakugenera impano y’icyegeranyo kinini ku isabukuru yawe y’amavuko ahita ambwira nukuri wibimbwira ahubwo uzabikore kuva ubwo ntangira kubishyira muri gahunda y’umwaka’’ .

Kety na Emmalito

Byarakomeje bijyanye ni uko nari naratangiye gukora ibyegeranyo bito ku isibo tv(DID YOU KNOW?) nsaba Murenzi Emmanuel(Emmalito) kuzantumira mu kiganiro ariko nkahora ntinya camera cyane gusa ntafite impamvu ifatika yo kujyayo maze rya tsinda twafatanyaga ryari rigizwe na JOBY JOSHUA NA DALTON barambwira ngo dukore icyegeranyo gishimira Emmalito yaba kubwange nk’umuntu wamfashije kuba nkora itangazamakuru uyu munsi wa none abinyujije mu irushanwa rya Talent zone twemeranya kubikora gusa bigoranye kuko ubushobozi bwari bucye twashakaga gukora interview n’abashuti be, yaba abo bakuranye abo bakoranye ndetse n’abandi bagize umuryango we barimo CYUBAHIRO GERALD MAKENA, YVONA bakoranye mu kiganiro the SUN UP ndetse n’inshuti ye yatubwiye inkomko ya Emmalito harimo kandi abana yafashije mu rugendo rw’umuziki nange ubwange maze mu bushobozi bucye turagitegura tugihuza n’isabukuru y’amezi abiri ikiganiro chapa chapa cyari kimaze hari taliki ya 17 Mata 2020.

 

Icyo gihe narimfite ubwoba bw’uko aribwakire kwibona mu mashusho yacagaho mu buryo bw’ako kanya amugaragaza mu bwana bwe, uko yanganaga icyo gihe, inshuti ze ndetse n’ubundi buzima bwe abantu batari bazi. Nyuma nanyuzwe n’uburyo yabyakiriye.

 Nyuma yaho twaricaye dusanga ibintu bishoboka twibaza tuti ese kuki umuntu bamushima atakiriho nyamara bwaba uburyo bwo kubikora kandi mu buryo bwiza bw’amajwi n’amashusho?

Uko SECRET MEMORY YAGUTSE

Nyuma y’aho naje kubyagura ariko mu bundi buryo mfatanyije n’abandi bashuti bange bangira inama yo kujya nkora ibyegeranyo bito bikozwe mu buryo bw’impano zagenerwa umuntu wagize isabukuru y’amavuko, ku munsi w’ubukwe ariko bigakorwa mu buryo bw’ibanga kuko icyo gihe ibi birori byari byahagaritswe.

Ntago byari byoroshye kubitangira bijyanye n’ubushobozi bw’amafaranga ndetse no kumenya aho duhera

Taliki 30 ukwezi kwa gatanu 2020 izina ‘Secret Memory’ rihimbwa rityo  bivuze ko kwari ugukora ibintu mu buryo bw’ibanga ariko byibutsa rwa rwibutso rw’abantu runaka bari baziranye mu bihe bikomeye tugamije gushimira umuntu akiriho, dushaka kumwibutsa ibihe byiza bagiranye,   ibyiza yamukoreye ndetse n’ibindi.

 

Tureba abo twakorera mu rwego rwo kubyamamaza duhitamo Ishimwe Mersa nk’umukobwa wari umwe mu nshuti zacu tuganira uburyo twavugana n’abagize umuryango barimo n’inshuti ze baratwemerera turayitunganya turimo kuyimwereka ararira. Ku bwange  narishimaga kumafaranga macye twahawe nk’itike twaricaye twigurira akantu bikomeza bityo.

Murwego rwo kwamamaza ibyo dukora twifuje gukorera abantu benshi ariko b’ibyamamare tubifashijwemo n’inshuti zabo abo barimo

ABO TUMAZE GUKORANA NABO

 

MUTESI JOLLY twafashijwemo na mukuru we

Umunyamakuru ukorera radiyo ‘Kiss fm’ Antoinette Niyongira  aha twafashijwemo n’umutware we n’inshuti ze zirimo Aisa cyiza ukorera kuri royal fm, Michelle Iradukunda  umukozi wa RBA  Cyuzuzo Jeanne Darc na  Miss hertage 2015 Keza joan   na Uncle AUSTIN bose bakorera kiss fm

Ishimwe Mersa

Umunyamakuru Murenzi Emmanuel

Mbabazi shadia(Shadboo)

Nyarwaya Innocent (YAGOFOREAL)

Twakoze n’izindi documentary ntoya zigamije kwifuriza abantu isabukuru nziza y’amavuko barimo perezida Paul Kagame. Iki ni kimwe mu byegeranyo twakoze nkayikunda cyane bitewe nuko abantu bayikoresheje ku munsi w’isabukuru ye ‘’y’amavuko taliki ya 23 ukwakira 2020.

Harimo kandi ibyegeranyo byerekeye urugamba rwo kwibohora

Ibyegeranyo bivuga ku kurwanya abapfobya bakanahakana Jenocide yakorewe Abatusti 1994 yifashishijwe mu mwaka wa 2020 na 2021

Ibyo twaje gucyemura

 Kwirinda ko abantu bashimira umuntu atakiriho. Dukorana n’inshuti n’umuryango w’uwagize isabukuru y’amavuko tugakora SECRET MEMORY  y’igihe gito cyiri hagati y’iminota 10 na 15 cyerekanwa ku munsi we nyirizina nyuma yo gukata umutsima(CAKE).

Harimo kandi gukora SECRET MEMORY  y’imiryango

 

 Ibi twabitecyereje nyuma yo kubona ko imiryango ihura ku minsi y’ubukwe no mu byago honyine nyamara mu bijyanye n’imibanire ntacyo bifasha imiryango twatangiye rero gukora ibi byegeranyo ahanini bishingiye ku mukuru w’umuryango, abagize umuryango ndetse n’inshuti z’umuryango tukavuga amavu n’amavuko yawo nyuma wa muryango ugahurira hamwe ugasabana ku munsi bahisemo mugihe bareba cya cyegeranyo usibye ubusabane cyongera haba hirindwa izima ry’umuryango no kubura amwe mu makuru aba yerekeye umwe muri bo.

 

SECRET MEORY  yo mu bukwe

 Iyi iba irimo ahanini abagize umuryango ariko barangajwe imbere n’abageni gusa tubikora kuburyo buri umwe atungurwa n’ibikubiyemo byuje impanuro z’ababyeyi mu kinyarwanda cyiza.

 

Secret memory ikorwa mu bihe bikomeye byo guherecyeza uwitabye imana ku kiriyo

 

 Intumbero

Turifuza ko byakwaguka bikagera ahantu kure cyane aho inshuti yawe, umukunzi, umwana, umubyeyi wawe ndetse n’undi ufite icyo asabonuye mu buzima bwawe cyangwa wawundi wagufashije umugenera iyi mpano ya SECRET MEMORY ikaba urwibutso ruhoraho mu buzima bwe bwose ukabika ya mateka.

Harimo kandi gukorana na buri rugero rw’abantu mu ngeri zose kuko naho bihurira n’inshingano bakora kuko bikorwa mu buryo bw’ibanga bikerekanwa bikabonwa n’abatoranijwe kuri uwo munsi nyirizana honyine.

 Ni ubwo hari abari hanze y’u Rwanda batangiye kutugana twateguye ni uburyo n’ababyifuza  mu zindi ndimi zitari Ikinyarwanda gusa twahisemo gukora mu rurimi rw’icyongereza n’igifaransa kuko turi itsinda rigari ribikorana ubunyangamugayo burangwa n’ibanga ndetse n’ubunyamwuga.

 

Our slogan is 

‘KEEP the memory’

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175