Bwa mbere mu mateka y’Isi uruhinja rwavukanye ibitsina 3

Uyu mwana w’umuhungu yabaye uwa mbere mu mateka y’isi wavukanye ibitsina bitatu byose bimeze kimwe. Abaganga bemeza ko aribwo bwa mbere bibayeho ndetse ko ari imihindagurikire idasanzwe y’iremwa ry’umwana mu nda.

Apr 8, 2021 - 13:17
 0
Bwa mbere mu mateka y’Isi uruhinja rwavukanye ibitsina 3

Ni ibyabereye hafi y’umujyi wa Mosul mu gihugu cya Iraq aho abaganga baho ubu bari kwivuga imyato ko aribo bambere ku isi babashije gutangaza ikintu kidasanzwe, iyi ikaba ari inkuru y’uyu mwana wavukanye ibitsina gabo bitatu byose, bikaba aribyo bise “triphallia” batangaje ko muribi bitatu kimwe aricyo cyakoraga muburyo busanzwe utundi tubiri dutoya bakaba baradukuyeho bamubaze.

Bavuga ko byibuze umwana umwe muri miliyoni esheshatu ariwe uvukana ibitsina birenze kimwe, gusa mu busanzwe byari bimenyerewe ko benshi muri abo bavukana ibitsina bibiri, none uyu yakoze agashya avukana bitatu. Ubusanzwe mwene ubu burwayi buhurizwa hamwe n’ubundi bwinshi aho usanga n’ubundi umuntu avukana umubare urenze usanzwe uzwi w’ibice by’umubiri.

Bivugwa ko kandi ko hari n’abajya bavukana nk’ibitsina bibiri biteganye byose bikaba bingana ndetse binganya n’ubushobozi k’uburyo byagorana kumenya icyo ukuraho nicyo umusigira.

Gusa iyo bibaye ugasanga umuntu avukanye igitsina kimwe kinini utundi ari duto, ako gato kaba kari hejuru. Abahanga kandi bakomeza bemeza ko benshi mu bavukanye igitsina kirenze kimwe ngo nyirubwite aba ashobora kunyara cyangwa agasohorera muri kimwe cyangwa se ugasanga byose birakora.

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175