Umugore witwa Gosiame Sithole w’imyaka 37 yibarutse abana 10

Muri Afurika y’epfo umubyeyi witwa Gosiame Sithole w’imyaka 37 yibarutse abana 10. Akuyeho agahigo kari gafitwe na Natalie Suleman wo muri California mu 2009 muri Mutarama yibarutse abana 8 bakaba baherutse kwizihiza isabukuru y’imyaka 12.

Jun 9, 2021 - 10:00
Jun 9, 2021 - 10:01
 0
Umugore witwa  Gosiame Sithole w’imyaka 37 yibarutse abana 10

Hari umubyeyi wo muri Mali witwa Halima Cisse wibarutse abana 9 mu bitaro byo muri Morocco ariko rero baracyitabwaho n’abaganga ku buryo mu byumweru bitandatu bazoherezwa mu rugo. Mu 1970 muri Sydney hari umubyeyi wibarutse abana 9 ariko nta numwe wabayeho bose barapfuye. Mu 1999 muri Malaysia hari umugore witwa Zurina Mat Saad wibarutse abana 9 nabo barapfuye bose mu masaha atandatu. Ubu rero agahigo gafitwe na Gosiame Sithole wibarutse abahungu 7 n’abakobwa batatu muri Afurika y’epfo kuri uyu wa mbere tariki 7 Kamena mu 2021.

 

Uyu mubyeyi akuyeho agahigo kari kafitwe n’uwo muri Mali wabyaye abana 9 mu kwezi gushize. Umugabo wa Gosiame Sithole yabwiye ibitangazamakuru bitandukanyeko umugore we yibarutse abahungu barindwi ku wa mbere tariki 07 Kamena 2021 abakobwa batatu nabo akabakurikizaho. Umuyobozi w’umujyi batuyemo yabahize hasi hejuru biza kurangira ababonye kugirango bahabwe ubufasha abo bana ntihagire icyo baba. Uyu mubyeyi wibarutse abana 10 yasobanuyeko kubyara kwe nta nzitizi zabayemo kandi yatwise nta kibazo agize. Hari umugore wo muri Mali witwa Halima Cisse wibarutse abana 9 mu bitaro byo muri Morocco. Uyu mubyeyi rero wo muri Afurika y’epfo yamaze gukuraho ako gahigo kari gafitwe n’uwo wabyaye 9 mu mezi ashize. Mwazandile Masina uyobora Ekurluleni akarere batuyemo yakoresheje ibishoboka byose ashakisha uwo muryango.

Ariko rero hari itangazo ryari ryaturutse mu biro by’umukuru w’igihugu I Pretoria rivugako buri wese uzi aho uwo muryango uba yakwihutira gutanga amakuru bakaba bafashwa nta kibazo kiraba. Mu 1970 muri Sydney hari umubyeyi wibarutse abana 9 ariko nta numwe wabayeho bose barapfuye. Mu 1999 muri Malaysia hari umugore witwa Zurina Mat Saad wibarutse abana 9 nabo barapfuye bose mu masaha atandatu. Mu 2009 umugore witwa Nadya Suleman yabyaye abana 8 mu bitaro bya California. Aba bose baracyariho kandi mu minsi ishize bizihije isabukuru y’imyaka 12. Uyu Suleman ni we wari ufite agahigo ko kubyara abana benshi bakiriho. Kuba umubyeyi yabyara abana benshi birasanzwe kuko ubumenyi bwa gihanga nta mubare runaka bugaragaza wo kubyara abana runaka. Icyokora umubyeyi ubyara impanga aba afite ibyago byinshi byo kurwara Anaemia. Ikindi aba ashobora kubyara mbere y’igihe kandi abana bakavuka bafite ibiro bike ibintu bishobora kubakururira ibibazo by’ubuzima bamwe bagapfa. Kugeza ubu abana benshi bari baravutse bazwi ku isi ni 8 ba Natalie Suleman wo muri California mu 2009 muri Mutarama. Muri Gicurasi uwitwa Halima Cisse wo muri Mali yibarutse abana 9 ariko barakitabwaho n’abaganga muri Maroc kandi bazakomeza kwitabwaho mu gihe cy’ibyumweru bitandatu babone koherezwa mu rugo.

 

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175