Ubuzima n'amateka ya Sibomana Emmanuel

Ababyeyi bamwise SIBOMANA Emmanuel, yavutse ku itariki 12 Gashyantare mu 1985, mu Ntara y'Amajyepfo, Akarere ka Nyanza, Umurenge wa Kigoma, Akagali ka Gasoro. Avuka kuri SIBOMANA Enias utakiriho, na MUKANDANGA Marthe ukiriho.

Apr 11, 2021 - 13:42
Apr 11, 2021 - 14:56
 0
Ubuzima n'amateka ya Sibomana Emmanuel

Ni umwana wa gatatu mu muryango w'abana batanu, muri bo abana babiri ni abagore bubatse. Sibomana Emmanuel benshi bamuzi nka Patrick kubera gukina mu Urunana DC . Ariko hari n'abamwita "Papa Stars'' (Papa w'abastar). Iri zina rya ''Papa Star'' yaryiswe biturutse ku abanyamakuru b'imyidagaduro bo mu Rwanda barimwise, bakaba baragendeye ku mafoto agaragara ari kumwe n’ibyamamare bifite amazina akomeye ku Isi nka Ne-Yo, Diamond Platnumz, Don Moon n'abandi baje gutaramira mu Rwanda mu bihe bitandukanye, ayo mafoto wayasanga Instagram ye @sibomana.emma


Amashuri yize


Yarangije amashuri yisumbuye muri 2007 muri Nyakabanda Secondary School, aho yize Ubuvanganzo mu ndimi zirimo Ikinyarwanda, Icyongereza, Igiswahiri n'Igifaransa.
Nyuma y’ibi muri 2008 yinjiye mu mujyi wa Kigali avuye mu cyaro kugirango ashobore kubona amafaranga. Yakoze imirimo y’igihe gito, yaje kwinjira muri Centre Marembo ahitwa Gishushu mu Karere ka Gasabo, aho bamwigishije gukoresha Camera no gutunganya Video. Nyuma y'amezi atatu yahawe Cerificate. Nyuma rero yakomeje kwihugura muri studio zitandukanye muri Kigali / Nyarugenge na Nyabugugo aho yahawe amahirwe yo gukorana na bo mu kubona uburambe.


Uko yatangiye gukora mu bitangazamakuru bitandukanye


Mu 2014 yabonye amahirwe yo kwakirwa na Radio / TV10 atangira yimenyereza hanyuma aza guhabwa akazi kamuhembaga ibihumbi 200 Frws buri kwezi, yaje kongererwa umushahara ugera kuri 250,000 Frws buri kwezi. Ni akazi yakoze imyaka ibiri (2014-2016). Kuri Radio & Tv10 yhakoze nka Cameraman, Utunganya amashusho ndetse n’umunyamakuru ujya gutara, agatunganya akanatangaza amakuru (Reporter).
Muri uwo mwaka kandi wa 2016, yakoranye na Hot Fm 103.6 Fm,  yahakoraga nka Radio News Presenter and Reporter.
Kuva mu 2017 kugeza mu 2019 yagiye kuri Radio na Televiziyo ISANGO STAR akaba yari ashinzwe imbugankoranyambaga (Social media manager) yabifatanyaga n'izindi nshingano zirimo kuba Cameraman, Gutunganya amashusho(Video Editor), Umunyamakuru w’imyidagaduro. Yari anafite ikiganiro akora cy’umuryango kitwa MUTIMA W'URUGO.
Kuva mu mpera za 2019 kugeza ubu akorana na ISIBO TV, aho akorera ibyegeranyo byibanda ahanini ku myidagaduro “ISOKO Y'UBWAMAMARE''.


Uko yatangiye gukina ikinamico


Yinjiye mu Ikinamico Urunana mu 2012 akaba akina nka Patrick Musonera, kugeza na n’ubu aracyayikinamo. Mu gusobanura ibyo akina, Patrick ni umusore mu rubyiruko rwo muri Nyarurembo, aho arangwa n’imico/ingeso mbi zirimo uburara, ubusambanyi, kwiba, gushukana, gukoresha ibiyobyabwenge n’ibindi bisa nkabyo.

Ashimira abayobozi be mu Urunana DC


Sibomana Emmanuel ashimira ubuyobozi bw’urunana umunsi ku wundi budasiba kubafasha, n’umutoza wabo KUBWIMANA Seraphine ukomeza kubaba hafi ndetse n’abanditsi b’iyi kinamico muri rusange.
Ikinamico Urunana itambuka kuri Radiyo BBC Gahuzamiryango ku wa kabiri no ku wa kane saa 6h45 za nimugoroba no ku cyumweru saa 7h30 za mu gitondo ikongera gucaho saa 17h30 za nimugoroba. Ikinamico kandi inyura kuri Radio Rwanda ku wa gatandatu no Ku cyumweru saa 6h45 za mu gitondo na saa 19h45 z'umugoroba.
Ikinamico Urunana kandi inyura kuri Radio 10 ku wa gatatu no ku wa gatanu saa 17h30 no ku cyumweru saa 7h30 za mu gitondo.


Uko yageze mu Itorero INdamutsa rya RBA

Mu mpeshyi ya 2018, yinjiye mu Itorero Indamutsa rya Radio RBA (Rwanda Broadcasting Agency), aho yumvikana mu mazina atandukanye kuko ntabwo ho ari ikinamico y’uruhererekane. Yakuze arota kuzakina mu Indamutsa no gukora itangazamakuru akaba yarakabije inzozi ze.
Ahazaza ha Sibomana Emmanuel
Ari kwiga Icyongereza (English) mu rwego rwo kubasha gukina ikinamico cyangwa se filimi ziri muri urwo rurimi mu bihe bizaza.


Ubizima bwe mu kwemera IMANA 


 Ikintu gikomeye cyo kubaka ubuzima bwe ariko nyuma y'ibi byose ni imbaraga, urukundo n'ubuntu bw'Imana yakiriye Imana binyuze mu gusenga kugirango abone uburinzi ku Mana. Sibomana Emmanuel avuga ko buri wese amufatiraho urugero mu buzima bwe bwa buri munsi.
Impanuro aha abatoya
Umuntu wese wifuza kuba umukinnyi w'ikinamico ababwira guhora biga bakunguka ubumenyi bushya kandi bagashaka amahirwe ahantu hose. Avuga ko buri muntu akwiriye kumenya icyo ashaka. Yongeraho ko gushaka inshuti zishobora kugufasha kugera ku nzozi zawe ari ingenzi. Gukoresha neza imbugankoranyamba bishobora kugufasha kugera ku byo wifuza muri ubu buzima. Urugero atanga ni uko uwifuza gukina filimi cyangwa se ikinamico yajya yifata amajwi n'amashusho ukayashyira kuri Instagram ukabimenyesha (Tag) abagezeyo barimo abanyamakuru, abakinnnyi n'abandi bari muri uwo mwuga. Sibomana Emmanuel avuga ko gukora cyane kandi utirengagije akazi no gusenga Imana igaha umugisha imirimo y'amaboko yawe.


Indi mirimo akora


 Usibye kuba Umukinnyi wa Theatre n'Umunyamakuru,
asobanura kuva mucyongereza kugeza ururimi rwa Kinyarwanda; ni Umusemuzi w'ibitabo kuva mu cyongereza bishyirwa mu Kinyarwanda. Ashobora kugira umuhanzi inama zo gutera imbere mu muziki ndetse ni umwanditsi w'indirimbo. Sibomana Emmanuel ni ingaragu ariko ari mu rukundo. Dore zimwe mu mbugankoranyambaga ze wamwandikiraho:
Instagram: @ sibomana.emma
 Facebook: Sibomana Emmanuel
Twitter: @sibomana_emma
YoutubeTOUR WITH ME Official 

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175