Aline Gahongayire ufite ibihembo birenga 20 muri gospel afasha abahanzi agamije guteza imbere ubwami bw’Imana
Aline Gahongayire ubu afite indirimbo yafashijemo umuhanzi witwa Jackson Jack ikaba yitwa ‘’Nyemerera’’ ariko anavuga ko afite ibikorwa bivura abakomeretse imitima ‘’Mvura nkuvure’’
Mu Kiganiro kitwa The Fact Show gica kuri Fine fm 93.1 Fm gikorwa na Peacemaker afatanyije na Pazo Parole Umukapo yavuze byinshi birimo n’ibyo abahanzi bashobora gukora bakagura imbibe. Ati:’’Gukorana indirimbo n’abahanzi bakomeye biguharurira inzira biciye muri collabo ariko ndashima Imana ko igihugu cyacu kiri kwamamara ku isi rero urumva kubera Imana tubirimo kandi bizashoboka’’. Akomeza avuga ko abahanzi bose afasha mu ndirimbo ikiba kigamijwe ni uguteza imbere ubwami bw’Imani.
Aline Gahongayire avuga ko ubu hari indirimbo yitwa Nyemerera yakoranye na Jackson Jack aho asaba abakunda gospel kuyireba bakamushyigikira na we akamamaza ubwami bw’Imana.
Ni iki avuga ku bakora indirimbo basiragiza abahanzi bakizamuka?
Aline Gahongayire avuga ko aho igihugu kugana nta muntu ukwiriye kutanoza serivisi. Ubwo yahamagarwa kuri telefoni ngo aganire n’abakunzi be yavuze ko yarimo afata amafunguro arimo Juice.
Inama aha urubiruko
Abakiri bato avuga ko bakwiriye gukunda igihugu kandi bagakora ibyiza. Kurangwa no gukunda Imana no kuba inyangamugayo asanga bikwiriye kuranga ukiri urubyiruko. Uyu muhanzikazi yasabwe n’umukunzi we utuye I Bugesera kuririmba Ndanyuzwe na we aririmbira umukunzi we bityo akomeza kuganira na bo.