Ikiganiro kihariye na Pastor Joe-Video

Twaganiriye na Pastor Joe wakoranye indirimbo na The Ben mu 2015

Oct 8, 2021 - 10:18
Oct 9, 2021 - 07:42
 0
Ikiganiro kihariye na Pastor Joe-Video

Baganizi Olivier: Muraho neza mwatwibwira?

Umutumirwa: Nitwa Joseph Israel Habineza

Baganizi Olivier: Wabaye umuhanzi kuva ryari?

Joseph Israel Habineza: Natangiye mfite Imyaka 8, na nubu

Baganizi Olivier: Mu buzima busanzwe ukora iki?

Joseph Israel Habineza: Nkora akazi k’ubushumba

Baganizi Olivier: Akazi kawe kaburi munsi gahurira hehe no kuririmba?

Joseph Israel Habineza:Kuvuga ubutumwa bifite aho bihurira no guhimbaza Imana mundirimbo kuko biruzuzanya

Baganizi Olivier:Iyi ndirimbo wasohoye irimo butumwa ki? itandukaniro

Joseph Israel Habineza:Ifite ubutumwa butanga ibyiringiro byejo hazaza ko ari heza, nta kwiheba yesu azakuneshereza

Baganizi Olivier:Ese ubona kuririmba indirimbo zihimbaza Imana byatunga umuntu ku buryo yabigira umwuga akaba aribyo akora gusa?

Joseph Israel Habineza: Ntawabikora ashaka amaramuko gusa nemera ko Imana ishobora kubitangiramo imigisha. Mu bihugu bimaze gutera imbere birakunda kubatunga iyo bamaze kumenyekana

Baganizi Olivier: Hagati y’umuhanzi uririmbira indirimbo zihimbaza Imana nuririmba indirimbo zisanzwe kuri wowe ni irihe?

Joseph Israel Habineza: Njye sinkunda ijambo Umu star kuko Yesu niwe Star gusa, twe turi ibikoresho akoresha

Baganizi Olivier: Ubona umuziki wa gospel mu Rwanda habura iki ngukorwe kinyamwuga?

Joseph Israel Habineza: Harabura abaterankunga, nabo bakeneye sosiyete zibasinyisha bikaborohera gukora ibihangano byabo no kubaho batibaza uko baramuka.

Baganizi Olivier:Ese hari ibitagenda neza bikubabaza k’umuziki wA Gospel mu Rwanda?

Joseph Israel Habineza: Uko mbibona bimeze neza uretse kubura inkunga kwabo gusa, ariko nibwira ko bizanda neza, kuko nabo bafite abafana benshi

Baganizi Olivier: Ubona byakosorwa ni ibihe niba bihari?

Joseph Israel Habineza: Gukangurira izo sosiyete n’amatorero gutekereza ku bakunda Gospel.

Baganizi Olivier:Hari ubutumwa wagenera abagukurikira ku mbugankoranyambaga n’abandi muri rusange?

Joseph Israel Habineza: Nuko begera Imana kuruta uko babikoraga, kandi badusengere muri uyu murimo dukora. Ikandi badutere inkunga bumva ibihangano byacu.

Reba hano indirimbo ye

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175