Niger: Haburijwemo ihirikwa k’ubutegetsi”Coup d’etat” habura amasaha make perezida Bazoum akarahira

Ingabo zirinda umukuru w’igihugu zaburijemo igikorwa cyo guhirika ubutegetsi muri Niger, nyuma y’urusaku rw’imbunda rwumvikanye i Niamey mu gitondo kare ku wa gatatu.

Apr 1, 2021 - 05:32
 0
Niger: Haburijwemo ihirikwa k’ubutegetsi”Coup d’etat” habura amasaha make perezida Bazoum akarahira

Urusaku rw’imbunda zirimo iziremereye rwumvikanye ahagana saa cyenda z’igitondo ku isaha yaho mu gace karimo ibiro by’umukuru w’igihugu, ruhagarara hashije iminota 15.

Umunyamakuru wa BBC muri ako karere avuga ko amakuru ava mu nzego z’umutekano avuga ko hari “abasirikare batawe muri yombi” nyuma yo “kugerageza guhirika ubutegetsi”.

Nta mutegetsi muri leta uremeza ibyabaye mu gihe habura amasaha atageze kuri 48 ngo Mohamed Bazoum perezida mushya watowe arahire.

Imyigaragambyo y’abatavugarumwe n’ubutegetsi yari iteganyijwe kuwa gatatu abategetsi bayihagaritse.

Biravugwa ko uwari uyoboye igikorwa cyo guhirika ubutegetsi cyaburijwemo ari umusirikare w’ipeti rya kapiteni.

Ibitero by’imitwe yitwaje intwaro n’ubushyamirane bwa politiki byariyongereye muri Niger kuva mu kwezi kwa kabiri Bazoum yatorwa.

Mahamane Ousmane wigeze kuba perezida ari nawe bari bahatanye cyane agatsindwa, yamaganye ibyavuye mu matora.

Niger yagiye irangwa n’ibikorwa byo guhirika ubutegetsi, ni kimwe mu bihugu bikennye cyane ku isi gikunze kwibasirwa n’ibitero bigwamo abantu bikorwa n’imitwe y’abahezanguni biyitirira Islam.

Peacemaker MBARUBUKEYE-Etienne-Peacemaker is a professional Journalist who holds bachelor degree in Journalism and Communication from University of Rwanda. CEO of Media and Development Consultancy Ltd, this company is specialized in media consulting, training, promoting social media as well as doing research. He was the digital lead at Jobcenter.rw a company of Afrimedia ltd. He worked as a senior journalist at Isango Star (Radio and television), co-chief editor, and documentarist (Isango Sobanukirwa), Program director (Sunday Night show) as well as social media manager. He worked at B&B Fm-Umwezi as journalist and documentarist. He was a content creator at Fine fm and City radio. He worked at Inyarwanda.com/TV. He worked at Empathy Manor Organics (Nigerian company based in Kigali) as an interviewer. He is the Social media content creator. He was director of Sunday Choice Live (The leading entertainment TV weekly show in Rwanda aired at Isibo Tv). He is a House and Roadshow DJ. Since May 2023 he works at Inyarwanda.com /Tv email:filousteven@gmail.com, Tel: 0786126175